Mu gihe imikino ya 1/2 cya Basketball Africa League 2026 itangira ku wa Gatatu tariki 27 Gicurasi, amakipe ane asigaye mu irushanwa agaragaza byinshi ahuriyeho ndetse n’ibitandukanya.
Nyuma y’imikino 38 imaze gukinwa muri BAL y’uyu mwaka wa gatandatu, harimo umunani ya playoffs, amakipe ya Al Ahly Ly (Libya), Al Ahly SC (Misiri), Petro de Luanda (Angola) na RSSB Tigers (Rwanda) ni yo asigaye ahatanira igikombe cya BAL gifite ishusho ya baobab.
Dore imibare n’amakuru y’ingenzi ugomba kumenya kuri aya makipe ane ageze muri 1/2:
Umubare w’imikino batsinze n’iyo batsinzwe nyuma ya quarterfinals
Buri kipe imaze gukina imikino irindwi, kandi yose yatsinze itanu inatsindwa ibiri.
Uko bitwaye mu mikino iheruka
Nubwo amakipe yose yagiye atsinda akanatsindwa, abantu benshi bari kwita cyane kuri Al Ahly Ly kuko ari yo kipe yonyine yageze muri 1/2 ifite urugendo rw’imikino itanu ikurikiranya idatsindwa.
Ubushize iyi kipe yo muri Libya yatsinzwe hari tariki 28 Werurwe 2026 muri Kalahari Conference, ubwo yatsindwaga na Petro de Luanda amanota 104 kuri 90. Ayo makipe yombi azahurira muri 1/2.
Ikipe yatsinze amanota menshi
Al Ahly Ly ni yo kipe yatsinze amanota menshi kurusha izindi, kuko imaze gutsinda amanota 706 mu mikino irindwi.
Intsinzi yayo ya 118-97 yatsinze Dar City muri Kalahari Conference ni wo mukino waranzwe n’amanota menshi muri uyu mwaka wa BAL.
Ikipe yemeye amanota make
Al Ahly SC ni yo kipe yemeye amanota make muri aya makipe ane, kuko yemeye amanota 526 gusa mu mikino irindwi.
Ijanisha ryo gutsinda amashoti (field-goal percentage) muri playoffs
Al Ahly Ly ni yo ifite ijanisha ryo hejuru mu gutsinda amashoti muri quarterfinals, aho yagize 50.65%.
Al Ahly SC iza ku mwanya wa kabiri na 45.2%, igakurikirwa na RSSB Tigers bafite 39%, naho Petro de Luanda ikagira 38.5%.
Ubuhanga mu gutsinda amanota atatu
Mu gutsinda amanota atatu (three-pointers), nta kipe ihiga RSSB Tigers, kuko imaze gutsinda amanota 105 ya three-pointers mu mikino irindwi kugeza kuri quarterfinals.
Intambara yo gufata rebounds
Al Ahly Ly ni yo iyoboye mu gufata rebounds, kuko imaze gufata 295 mu mikino irindwi.
RSSB Tigers iza ku mwanya wa kabiri na rebounds 287, Al Ahly SC ikagira 277, naho Petro de Luanda ikaza ku mwanya wa nyuma na rebounds 256.
Discussions