Ayatollah Ali Khamenei, umuyobozi w’ikirenga wa Iran kuva mu 1989, yishwe mu gitero cya Amerika na Israel cyagabwe kuri Iran. Perezida Donald Trump yatangaje urupfu rwe ku wa Gatandatu, naho televiziyo ya Leta ya Iran irabyemeza nyuma y’amasaha make. Guverinoma ya Iran yatangaje iminsi 40 y’icyunamo.

Nk’uko abayobozi bane b’umutekano ba Israel babivuze, Khamenei yishwe n’igitero cy’indege cya Israel cyagabwe ku nzu ye iri i Tehran. Trump, wari wabanje kuvuga ko icyo gikorwa kigamije guhirika ubutegetsi bwa Iran, yavuze mu butumwa yashyize ku rubuga Truth Social ko ibitero bizakomeza “bidahagarara mu cyumweru cyose cyangwa igihe cyose bizaba bikenewe kugira ngo tugere ku ntego yacu yo kuzana AMAHORO MU BURASIRAZUBA BWO HAGATI, kandi koko no ku isi yose!”

Nk’uko abantu bane bari babizi neza babitangaje, Trump yatangije iki gitero nyuma y’ibyumweru byinshi Israel na Arabie Saoudite bamwinginga (bamushyiraho igitutu) ngo agire icyo akora.