Ihuriro Alliance Fleuve Congo / Umutwe wo ku ya 23 Werurwe (AFC/M23) rimenyesha amahanga n’Abanyekongo ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwishe ku bushake amasezerano yo guhagarika imirwano, kandi ko bisheku bushake abasirikare bacu n’abaturage b’abasivili binyuze mu bitero bya drones bikorerwa kure y’imirongo y’imbere ku rugamba.
Ibi bikorwa bigaragara byo kurenga ku masezerano byahitanye umwe mu bayobozi bakuru b’ingabo za ARC (Ingabo z’Impinduramatwara za Congo), Colonel Willy Ngoma, wapfuye ku wa 24 Gashyantare 2026, kandi bikomeje gutwara ubuzima bw’abaturage benshi b’inzirakarengane.
Ibyo byaha ntibizirengagizwa kandi ntibizaguma bidahanwe. Kwibuka abaguye muri ibi bitero kuduhuza no kudusaba inshingano rusange zo kubibazwa.
Ibibazo n'ibitekerezo